Rwanda Forums Rwanda Today The Hopelessness in Rwanda today Reply To: The Hopelessness in Rwanda today

#28544

IBI BINTU 15 NI INGENZI, SI IBYO GUSOMA GUSA, AHUBWO BISOME UBISAKAZE BIKWIRE HOSE:

1. Ubuzima ntibuhora ari ntamakemwa ariko kubaho bihora ari byiza, jya wishimira ko uriho unashime Imana uko uri!

2. Nugera mu gihirahiro wabuze amahitamo, jya ugerageza gutera intambwe nto ugana imbere aho guhagarara cg gusubira inyuma.

3. Ubuzima ni buto! Bwishimemo kandi ugerageze no kububanamo neza n’abandi burya gushimwa ni iby’igiciro!

4. Amafaranga, akazi n’imitungo ni byiza, ariko ntukabihe agaciro kurusha inshuti n’umuryango wawe kuko nibo bazakuba hafi mu gihe gikwiye, mu gihe uzabona ko ibyo byose ari ubusa, kandi ko bishira mu kanya nk’ako guhumbya!

5. Ntukumve ko buri gihe ibyo upanga n’ibyo ukora bigomba kugenda uko ubyifuza, ariko jya uhorana ikizere n’ibyiringiro by’ahazaza, buri ntambwe uteye uyishimire kandi nibitagenda uko ushaka ushyiremo imbaraga ugana imbere ibyiza burya biba bigutegereje!

6. Kwihagararaho mu kuri no kwigirira icyizere ni ubutwari, ariko niwihagararaho mu mafuti ubizi, uzazirikane ko ari ububwa kandi uzashyira ukabona ko wibeshye!

7. Ntugakabye kugira inzika z’uwaguhemukiye, ariko ntukanibagirwe ko byabayeho. Jya ubabarira ariko binaguhe isomo ry’ahazaza, umenye uko witwara kandi nyine bitume uca akenge we kuba umwana!

8. Ntukagereranye ubuzima bwawe n’ubwa mugenzi wawe! Buri wese afite agasaraba ke n’imitwaro yikoreye utapfa kubonesha amaso, wasanga umwe ureba ukibaza icyo wowe Imana yaguhoye, we yaragowe kukurusha!

9. Uko ikigeragezo cg ikibazo kirushaho kuba gikaze ni nako kizagusiga ukomeye kandi kikagusigira isomo rifatika ry’ahazaza. Ubundi nucunga neza uzasanga ibibazo n’ibigeragezo n’uburyo bwo kubyitwaramo aribyo byerekana ubukure bw’ibitekerezo by’umuntu!

10. Ibyo Imana idukorera si uko turi beza ahubwo ni uko yo ari nziza, uzakubwira ko akize kuko asenga uzamuseke umubwire ko Imana idahemba iby’isi, kandi ibitanga ititaye ku mirimo yacu, kuko yita kuri ibyo abakize mu byisi ninabo baba basenga kurusha abandi!

11. Umuntu ufi